Nzayisenga arasanga ubuhanzi gakondo budakwiye kwibagirana

Rwanda

  Nzayisenga Sophie, ni umugore uzwi mu Rwanda kuva kera cyane akiri umwana aririmba acurunga inanga, umwuga yatojwe na se Kirusu Tomasi kuri ubu utakiriho. Uyu mubyeyi w’abana babiri ku myaka ye 33 y’amavuko, aracyakora umwuga we wo gucuranga inanga, ndetse ubu akaba afite n’itsinda( groupe) ribimufashamo. Yize amashuri abanza, ayisumbuye ayagarukiriza muwa gatatu, ariko [...]

Itorere Inyamibwa ryiyubatsemo ubushobozi none rigeze aho gutanga

Itorere-Inyamibwa-ryiyubatsemo

Itorero Inyamibwa ntirikiri iryo gukura mu bwigunge abanyamuryango baryo gusa ahubwo risigaye rifite ubushobozi bwo guhagararira igihugu cyose. Inyamibwa rimwe mu matorero yo mu Rwanda muri iyi minsi ari kwigaragaza cyane mu bikorwa byo kwimakaza umuco nyarwanda, ryerekana kandi rikigisha abakiri bato ibijyane n’umuco nko kubyina, kwivuga, kuvugira Inka, amakinamico n’ibindi bijyanye n’umuco wa cyera. [...]

Rwanda | Burera -Gucuranga umuduri yizeye ko bizamuteza imbere

Burera-Gucuranga-umuduri

Ntawuruvukana Casien utuye mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera atangaza ko gucuranga umuduribyamugeza kuri byinshi ngo ikibazo ni uko atabona icyamufasha kumenyekana mu rwego rw’igihugu. Ntawuruvukana avuga ko ubuhanzi bwe bwa gakondo bwo gucuranga umuduri abukorera mu murenge gusa rimwe na rimwe ngo akaba yanajya ku rwego rw’akarere. Yifuza ko yagera ku rwego rw’igihugu ngo kuko abishoboye ariko icyahamugeza ntarakibona. Gusa yifuza ko ubuyobozi [...]

Itorere Inyamibwa ryiyubatsemo ubushobozi none rigeze aho gutanga

Itorere-Inyamibwa-ryiyubatsemoItorero Inyamibwa ntirikiri iryo gukura mu bwigunge abanyamuryango baryo gusa ahubwo risigaye rifite ubushobozi bwo guhagararira igihugu cyose.

Inyamibwa rimwe mu matorero yo mu Rwanda muri iyi minsi ari kwigaragaza cyane mu bikorwa byo kwimakaza umuco nyarwanda, ryerekana kandi rikigisha abakiri bato ibijyane n’umuco nko kubyina, kwivuga, kuvugira Inka, amakinamico n’ibindi bijyanye n’umuco wa cyera.

Iri torero ryavutse mu mwaka w’1998 muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare, rivukira mu mumuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 (AERG) wo muri iyi kaminuza.

Inyamibwa zashinzwe mu rwego rwo gususurutsa no gukura mu bwigunge bamwe muri aba banyeshuri, bari baratewe na Jenoside.

Nk’uko bitangazwa na Flugence Kwizera umuyobozi waryo, ngo iri torero ryafashaga mu guhuriza hamwe abanyamuryango ba AERG, ati: “ryaje kugirango rifashe abana bari bafite ibikomere bya jenoside kutihugiraho ngo bitekerezeho cyane”.

Iri torero magingo aya rigizwe n’abanyamuryango 128 biganjemo ab’igitsina gore, ryakundwaga gufatwa nk’itorero ry’abanyabibazo, ryaje kuzamukira muri kaminuza nkuru y’u Rwanda aho ryatangiye kujya ryitabira ibitaramo byo muri kaminuza byoroheje ndetse n’ibikomeye.

Lambert Niwenshuti, umwe mubabaye abayobozi b’iri torero mu gihe ryari ritarabasha kwiyubaka, avuga ko babanje guca mu bibazo byinshi birimo n’iby’ubukene kuko n’imyambaro babaga bakoresha yabaga ari imitirano.

 

 

  • Ibyivugo by’amaningwa (III)

    1.Ruyenzi rw’ivumbi, nagiye gusoza urugamba nsanze ruremye ngumayo, ibitugu ndabitigisa, imyambi ndayisukiranya, abari mu mpinga ya Rukukumbo bati: Ubanza ariho ruremye, bati: ya Ndemarugamba iranesheje ujye utarama ijabiro 2.Rwabugiri yari yansizeho intwali yo gutsinda amahanga, zirakubira nku bita iy’imbere, nica Senyamabango mu Butagendwa; uwo nyina asohorezaho umutima ndalimucinya rimucikiramo; nti: Wimvunira uruti nta handi nzakura [...]

  • Ibisakuzo

    Nyabugenge n’ubugenge bwayo :inka kuba umukara igakamwa ayera Nkubise urushyi rurumira :ibara ry’inka Nyuze mu rutoki abasirikare baramfata :ibishokoro Ko Data na So bameze uruhara,inzoga z’I bwami zizikorera nde:igihaza Igira hino ncuti :ikiringiti Zagarika amahembe ntiwamenya izo nyoko yakowe :ingara z’iminyinya Ni iki cyatanze umuzungu kwambara karuvati :ikiyoni Nkeje Umwami wo mu kirere ,angabira ibiryoshye [...]

  • 01

    Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco

     Sosiyete yitwa Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco Nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco nk’uko bivugwa n’umuyobozi wa yo, Kayomba Joseph. Ayo marushanwa ngo azajya yitabirwa n’Abanyarwanda bari mu byiciro binyuranye bazi ibijyanye n’umuco, mu rwego rwo kongera kuwubyutsa kuko wasaga n’utangiye kwibagirana. Agira ati « Muri rusange ni ukugarura umuco nyarwanda binyuze mu marushanwa. Twaje [...]

  • Ijambo “agatandabazimu” ryaturutse ku rwango rwa Rugaju na Ndamutsa ya Mitunga rwatumye umuzimu abahitana ndetse anahitana n’umwami Gahindiro

    Ijambo “agatandabazimu”ryakoreshejwe ku ngoma y’umwami Rwogera hagati y’umwaka w’1800-1850. Umugani ngo “Yazize agatandabazimu” nawo ukaba ariho wakoreshejwe. Uyu mugani ukaba warakomotse ku rupfu rwa Ndamutsa ya Mitunga na Gahindiro ka Mibambwe na Rugaju rwa Mutimbo, rwogera yima ingoma. Uyu mugani bawuca iyo bumvise umuntu wagushije ishyano rishibuka hamwe n’iryahitanye undi; ni bwo bagira, bati: “Na [...]

  • Ibyivugo by’amaningwa II

    1.Kayonga ka Bwihura na Bwihuramisakura mu Bwira na Nyampaka, nishe Bitahura uruguma, ngira ngo nshake ikigomwa cy’intore, aranga aramunshikana; Rwabiza icondo lirahinda, ngakubita ndi intwali y’ibanze. 2.Rubibi rw’intwali rwa Ntalindwa, Rudakemwa sindikura mu ntoki naliteranye icyusa, nabaye icyogere mu nyambo, nimanye inka n’inkomere nagimbuliye abatabazi mu Bweru bwa Juru, nabaculije inkumbi nacyuye inka n’imfizi, mba [...]

  • 01

    Kalisa Rugano asobanura ijambo “kwigira” agendeye ku mateka y’u Rwanda

    Muri iki gihe Lata y’u Rwanda ishishikariza buri Munyarwanda gukora aharanira “kwigira” kugira ngo n’uwaba ashaka kumufasha azasange hari icyo amaze kwigeza ho agikuye mu mbaraga ze, adategereje ak’i muhana. Kalisa Rugano, umuhanga mu mateka y’u Rwanda, asobanura ijambo “kwigira” agendeye ku mateka y’u Rwanda. Avuga ko kwigira ari ukwanga gukandagirwa nutagombaga kugukandagira. Agira ati [...]

  • Umusore yashoboraga kwifashisha undi mu kumara amavuta n’umukobwa barushinganye

    Kumara  amavuta hagati y’umukwe n’umugeni byari umuco nyarwanda wakorwaga mbere yo kuba umugore n’umugabo nyirizina.  Kubera ko bamwe mu basore byabagoraga kugera ku ngingo (kuryamana n’umugeni) hari  uwitabazaga mugenzi we  akabanza  kumunaniza. Umuhango wo kumara  amavuta wakorwa gute? Umukobwa kenshi na kenshi wabaga utaziranye n’umusore ugiye kumurongora,  yitotobekaga amavuta y’inka umubiri wose kugira ngo ubwo [...]

  • Ibyivugo-Imyato y’impotore

    Ingangare sinzi gutinya Ahubwo ndi inkaka mpotora induru. Umugome yaje yigaragambya Agambiriye gutsinda Ansanga ku isonga nsanganiye urugamba. Ubwo mpita mwirahira, Nti Rutembagazamakombe rwa Mudasongerwa Sinkangwa n’ababisha intwari twatabaye. Mpatana amakuza aho rukomeye Ababisha bagashiguka banshinyikiye Naho ntibaziko ari jye Rutembagazamakombe. Rwoganangoga i Nkuba twitoza gucura inkumbi Natsembye ababisha ku rugamba rw’umuheto. Abanshiye ibico nabaciyemo [...]

  • Ibisakuzo

    Abakobwa banjye barara bahagaze bwacya bakaryama “IMYUGARIRO “ Inka yanjye nyizirika ku nzira uyinyuzeho wese akayishitura ‘’URUTORYI Abakobwa banjye bikwije impindu bose “IMIRIZO Y’IMBEBA “ Zenguruka duhure “UMUKANDARA” Nicaye iwacu murika isi “IZUBA” Inka yanjye yimira mu kinono ,ikabyarira mu ihembe “IGITOKI” Ni iki cyatanze umuzungu kwambara karuvati “ICYIYONI” Mvuye aha nta iminopfu ndinda ngera [...]

  • Ibisakuzo

    Nahuye na cya matimbatimba cya maguru umunani kigiye kugura umunyu kwa mirongwitanu:igitagangurirwa Rukara aratema umuvumba: urwembe mu musatsi Sogokuru aryoha aboze: umuneke Rukara rw’umwami yicarira abagabo batatu:inkono Abakobwa banjye banagana amajosi: urugoyi rwibishyimbo Nta kujya mu bajiji utari Umujiji: umugina mu rufunzo Ngiye mu rutoki nsimbuka abapfumu bapfuye:imitumba Ko twagendanye wambwiye iki:igicucucucu Umwana wanjye yirirwa [...]

Subscribe